Ikipe y’igihugu ya Senegal y’abahungu yegukanye igikombe cya Afurika cy’abaterengeje imyaka 18 nyuma yo gutsinda Cote d’Ivoire amanota 71-62 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stadium Academica i Maputo muri Mozambique tariki ya 25/8/2012.
Senegalyegukanye igikombe cya mbere mu batarengeke imyaka 18 mu mateka yayo, yageze ku mukino wa nyuma isezereyeMaliku manota 63-47 (17-12 ; 15-08, 16-16, 16-11).
Cote d’Ivoireyo yageze muri ½ cy’irangiza, isezereye Misiri yaherukaga gutwara igikombe cya Afurika cyari cyabereye mu Rwanda muri 2010, iyitsinze amanota 57-42.
Mu guhatanira umwanya wa gatatu n’uwa kane Misiri yatsinzeMali78-54. Umwanya wa gatanu wegukanywe naAngolaimaze gutsindaTunisia61- 40.
Mozambiqueyegukanye umwanya wa karindwi nyuma yo gutsindaGhana48- 45, naho umwanya wa 9 wegukanwa na Maroc, uwa 10 utwarwa naGabonmu gihe umwanya wa 11 ari nawo wa nyuma wafashwe n’uRwanda.
Muri iri rushanwa, uwahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi (Most Valuable Player-MVP) ni umunya Misiri Saleh Ehab, naho uwatsinze amanota menshi kurusha abandi ni umunya Maroc Shifi Mourad winjije mu nkangara amanota 120.
Ikipe yaTunisianiyo yahawe igihembo cyo gukina umukini mwiza, urangwa n’ubworoherane (Fair Play).
SenegalnaCote d’Ivoirenizo zizahagararira umugabane wa Afurika mu gikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 19 kizabera muri Repubulika ya Tchèque muri 2013.


