Browsing Tag Rwanda sport

Play-offs: Espoir BBC na APR BBC nizo zizakina umukino wa nyuma

Play-offs: Espoir BBC na APR BBC nizo zizakina umukino wa nyumaEspoir BBC yatwaye igikombe cya shampiyona iheruka na APR BBC ni zo zabonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa Play-offs nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ½ cy’irangiza aho Espoir BBC yasezereye Kigali Basketball Club (KBC), naho APR BBC igasezerera Cercle Sportif de Kigali (CSK)

Muri iyi mikono ihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona, iya mbere igakina n’iyabaye iya kane naho iya kabiri igakina n’iyabaye iya gatatu, Espoir BBC yatwaye igikombe cya shampiyona idatsinzwe na rimwe yakinnye na KBC muri ½ cy’irangiza, maze Espoir iyitsinda imikino ibiri ku busa.

Umukino wa mbere wabaye ku cyumweru tariki ya 3/3/2013, Espoir yarawutsinze. Umukino wa kabiri wakinwe ku wa mbere ntabwo warangiye kubera imvura, ukaba wakinwe kuri uyu wa gatatu tariki ya 6/3/2012, maze Espoir BBC itsinda KBC amanota 87-61, ihita inabona itike yo gukina umukino wa nyuma.

APR BBC yegukanye umwanya wa kabiri muri shampiyina iheruka, ikaba ari nayo yegukanye igikombe cya Play-offs umwaka ushize, muri ½ yakinnye na CSK, maze APR BBC itsinda imikino itatu kuri imwe.

CSK ni yo yabanje gutsinda mu mukino wa mbere, maze APR BBC itsinda umukino wa kabiri ku manota 59-52 ya CSK.  Nyuma yo kunganya umukino umwe kuri umwe, yabaye ngombwa ko kuri uyu wa gatatu tariki ya 6/3/2013 hakinwa umukino wo kwisobanura (match de barrage), maze APR BBC itsinda CSK amanota 60-58, APR BBC ihita ibona itike yo gukina umukino wa nyuma.

Espoir BBC na APR BBC zizatangira gukina imikino ya nyuma ku wa gatandatu tariki ya 9/3/2013, ari nabwo CSK na KBC zizatangira guhatanira umwanya wa gatatu.

Mu guhatanira umwanya wa gatatu hakinwa imikino iri hagati y’ibiri n’itatu kugirango haboneke ikipe yatsinzemo ibiri, naho mu huhatanira igikombe hakinwa imikino hagati y’itatu n’itanu kugirango haboneke ikipe yatsinzemo imikino itatu, akaba ari nayo ihabwa igikombe.

Ikipe izatwara igikombe cya play-offs uyu mwaka hagati  Espoir BBC na APR BBC igomba kuzaba yatsinze nibura imikino  ya nyuma itatu.

 

 

March 10, 2013 By : Category : Teams Tags:, , , , , , ,
0 Comment

Rwanda : KBC irakina na APR BBC mu gusoza imikino ya shampiyona ibanza

Ubwo imikino ibanza ya shampiyona ya Basketball isozwa mu mpera z’icyi cyumweru, kuri uyu wa gatanu tariki ya 02/11/2012, Kigali Basketball Club (KBC) irakina na APR BBC kuri Stade ntoya i Remera guhera saa moya n’igice z’umugoroba.

Uyu ni wo mukino ukomeye kurusha indi yose izaba mu mpera z’icyumweru, kuko aya makipe yombi arashaka umwanya wa mbere muri shampiyona kuko KBC iri ku mwanya wa kabiri naho APR BBC ikaba iri ku mwanya wa gatatu.

Ikindi gikomeza uyu mukino, KBC niyo yegukanye ibikombe bya shampiyona mu myaka ibiri ishize ndetse n’igikombe cy’Agaciro Development Fund, mu gihe APR BBC ariyo ifite ibikombe byinshi bya shampiyona, gusa ikaba idaheruka kucyegukana.

Mu mikino ya shampiyona iheruka kuba mu cyumweru gishize, KBC yari yatsinzwe na mukeba wayo Espoir BBC mu gihe APR BBC yo yari yitwaye neza itsinda KIE.

Undi mikino ukinwa kuri uyu wa gatanu, United Generation Basketball (UGB) irakina na Espoir BBC guhera saa kumin n’imwe n’igice kuri stade ntoya i Remera.

Ku wa gatandatu tariki ya 3/11/2012 UGB izakina na Kigali Institute od Education (KIE) naho 30 Plus ikine na Ruzizi BBC.

Ku cyumweru tariki ya 4/11/2012, Kaminuza y’u Rwanda (NUR) izakina na Rusizi BBC naho KIE ikine na Cercle Sportif de Kigali (CSK).

Nyuma y’imikino irindwi ya shampiyona imaze gukinwa, Espoir BBC no yo iri ku isonga n’amanota 14, ikurikiwe na KBC n’amanota 13 naho APR BBC ikaza ku mwanya wa gatatu n’amanota 12.

UGB, 30 Plus na Kaminuza y’u Rwanda zifite amanota umunani, Rusizi ikagira amanota arindwi, naho KIE ikaza ku mwanya wa nyuma n’amanota 6.

 

November 3, 2012 By : Category : Rwanda basketball League Tags:, , , , ,
0 Comment

Rwanda | Basketball: Espoir yatsinze KBC ishimangira umwanya wa mbere

Espoir Basketball Club yafashe umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda  mukeba wayo Kigali Basketball Club (KBC) mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade ntoya I Remera ku wa gatandatu tariki ya 27/10/2012.

 Aya makipe yombi yagiye guhura yose anganya ibigwi muri iyi shampiyona, dore ko yombi yari ataratsindwa na rimwe.

Mu mukino wahuje ayo makipe, Espoir BBC yagaragaje imbaraga nyinshi ndetse n’ubuhanga mu kwinjiza amanota mu nkangara, maze umukino urangira Espoir BBC itsinze amanota 72-60.

Uwazayire Christophe Kapiteni wa Espoir BBC na Mugabe Aristide ni bamwe mu bakinnyi bigaragaje cyane ku ruhande rwa Espoir, bakaba banagize uruhare mu kwinjiza amanota menshi iyo kipe yatsinze.

Uwazayire yadutangarije ko ubwitange no gukina nta gihunga ariryo banga riri inyuma y’intsinzi yabo

“Twebwe twagiye gukina tuzi neza ko KBC yadutsinze mu gikombe cy’Agaciro, ariko twari twifitiye icyizere cyo gutsinda, kuko umutoza yadusabye kwirinda ubwoba n’igihunga, ahubwo tugakina umukino wacu uko bisanzwe ahubwo tukongera ubwitange n’imbaraga nyinshi, nuko birdudufasha tubasha gutsinda”.

Umutoza wa KBC Jacques Kimenyi avuga ko  n’ubwo KBC yatsinzwe na mukeba wayo bahanganiye igikombe ngo ntabwo intego yabo  yo kugitwara irangiye kuko ngo bagiye kwitegura neza ku buryo nibongera guhura mu mukino wo kwishyura bazahangana .

“icyatumye Espoir idutsinda ni uko twabuze abakinnyi b’abasimbura kuko wasangaga dukinisha abakinnyi bamwe gusa bituma bananirwa vuba. Ahubwo  natangajwe n’ariya manota  yose twatsinze, nkurikije abakinnyi bakeya twari dufite.

Ubu ntabwo amahirwe yo gutwara igikombe arangiye, kuko haracyari imikino yo kwishyura, ku buryo icyo tugiye gukora ari ugukosora amakosa no kwitegura neza, ku buryo tuzabatsinda nitwongera guhura”.

Mu yindi mikino yabaye ku wa gatandatu, APR BBC yatsinze KIE amanota 98 kuri77, naho CSK itsinda Rusizi amanota 86-81.

Kugeza ubu Espoir BBC ni yo yicaye ku mwanya wa mbere, ikaba itaratsindwa na rimwe.

 

 

October 30, 2012 By : Category : Teams Tags:, , , , ,
0 Comment

Rwanda | Basketball: KBC yatangiye neza shampiyona

Basketball: KBC yatangiye neza shampiyona

Kigali basketball Club (KBC) yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball giheruka yatangiye shampiyona yitwara neza itsinda imikino ibiri ya mbere muri shampiyona yatangiye ku wa gatandatu tariki ya 6/10/2012.

Mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona KBC yatsinze ikipe nshya yitwa 30 Plus amanota 86- 45.

Ku mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona, ku cyumweru KBC yatsinze Rusizi BBC amanota 114 kuri 44.

Mu yindi mikino yabaye, ku wa gatandatu APR BBC ifite ibikombe byinshi kurusha andi makipe muri shampiyona, yatunguwe na CSK iyitsinda amanota 50 kuri 49.

Espoir BBC yatsinze Rusizi amanota 110-42, naho United Generation Basketball  (UGB) itsinda Kaminuza y’u Rwanda amanota 69-50.

Mu mikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona yabaye ku cyumweru tariki ya 7/10/2012,  Espoir BBC yatsinze Kaminuza y’u Rwanda 131-31, APR BBC itsinda UGB amanota 75 kuri 51 naho CSK itsinda 30 Plus amanota 57 kuri 51.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona, KBC, Espoir  na CSK ziri ku isonga kuko zatsinze imikino ibiri ibanza.

Shampiyona izakomeza ku wa gatandatu tariki ya 13/10/2012, naho shampiyona y’abagore yo izatangira nyuma y’ibyumweru bibiri.

 

 

October 9, 2012 By : Category : English featured Tournament Tags:, ,
0 Comment

Rwanda : Ntaganda Elias yagarutse muri Etincelles

Ntaganda Elias yagarutse muri Etincelles

Umwe mu bakinnyi bakuze muri shampiyona y’u Rwanda Ntaganda Elias wari waragiye gukina muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), yagarutse mu ikipe ya Etincelles yakiniraga umwaka ushize dore ko ngo yari agifitanye amasezerano nayo.

Ntaganda Elias wamenyekanye cyane mu Rwanda akina muri APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, nyuma yo kuyivamo yerekeje muri Etincelles ariko ahakina umwaka umwe, uwawukurikiye ntiyabashije kuwurangiza kuko yahise ajya gukina muri RDC, agenda shampiyona y’u Rwanda itarangiye.

Mu kiganiro twagiranye n’Umunyamabanga mukuru wa Etincelles Yves Niyibizi yatubwiye ko Ntaganda ufite inkomoko muri RDC yagarutse mu ikipe yabo kandi ko yemeye kuzubahiriza amasezerano yari afitanye nayo kugeza arangiye.

“ Ntaganda ubu yaragarutse kandi yiteguye kongera gukinira Etincelles nta kibazo. Twaraganiriye, twumvikana ko agomba gukina akarangiza amasezerano angana n’umwaka umwe twari dufutanye mbere y’uko agenda kandi nawe yarabyemeye cyane ko yatubwiye ko yifuzaga ikipe akinamo”.

Ntaganda bakunze kwita ‘Umukoranabushake’ n’ubwo amaze gukura ariko ni umwe mu bakinnyi bari barongereye imbaraga Etincelles afatantije na Abed Mulenda ukiri muri iyo kipe na Ochaya Silva na Tuyisenge Pekeyake bamaze kujya muri AS Kigali na Kiyovu Sport.

Nyuma yo gutakaza bamwe muri abo bakinnyi yagenderagaho, Etincelles yashatse abazagerageza kubasimbura. Umunyamabanga wa Etincelles Yves Niyibizi yatubwiye ko bagaruye umunya Congo witwa Mukamba Namasumbwa, bagura kandi uwitwa Ngama Emmanuel nawe ukomoka muri RDC.

Abo bakinnyi bashya baje biyongera ku bandi bakinnyi b’abanyarwanda bakuye muri Marine FC ndetse n’abana bazamuye bava mu ikipe y’abato (Junior).

Etincelles FC yatwaye umwanya wa karindwi muri shampiyona iheruka, izatangira shampiyona y’uyu mwaka ku wa gatandatu tariki ya 22/9/2012 ikazaba yakiriye AS Muhanga kuri stade Umuganda I Rubavu.

 

 

 

September 18, 2012 By : Category : featured Players Tags:, , , , ,
0 Comment

Rwanda : CSK irakina na UGB tariki 19/9/2012 mumikino yo gushyigikita Agaciro Development fund

Mu mikino yo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund’ yateguwe n’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda FERWABA,  kuri uyu wa gatatu  tariki ya 19/9/2012 izakomeza,  umukino ukomeye ukazahuza Cercle Sportif de Kigali  (CSK) izakina na United Generation Basketball (UGB).

Undi mukino utegerejwe ku wa gatatu uzahuza Kigali Institute of Education (KIE) izakina na Kigali Basketball Club (KBC), imikino yombi ikazabera kuri stade ntoya I Remera.

Ubwo iri rushanwa ryatangiraga mu mpera z’icyumweru gishize, tariki  15/9/2012 APR BBC yatsinze UGB amanota 81 kuri 56 naho Espoir BBC itsinda KBC amanota 67 kuri 52

Ku cyumweru tariki ya 16/9/2012 Espoir yatsinze KIE amanota 57 kuri 37 naho CSK itsinda APR BBC amanota 47 kuri 52

Mu rwego rw’abagore irushanwa ryitabiriwe n’amakipe abiri  APR BBC n’ikipe nshya muri shampiyona yitwa Rwandans Allied for Peace (RAPP) zikazakina imikino ibiri ku wa gatandatu no ku cyumweru tariki 22 na 23/9/2012  kugirango hamenyekane ikipe izegukana igikombe.

Nk’uko twabitangarijwe na Richard Mutabazi Umunyamabanga mukuru w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda, mu rwego rwo gushishikariza abakunzi ba Basketball kwitabira iyo mikino kwinjira byari ubuntu, ariko mu mikino yo kuri uyu wa gatatu kugeza ku mukino wa nyuma kwinjira bizajya bisaba kwishyura kugirango haboneke amafaranga yo gushyira mu kigega ‘Agaciro’ kuko ari nayo ntego y’iryo rushanwa.

Imikino ya ½ cy’irangiza izakinwa ku wa gatandatu tariki ya 22/9/2012 naho umukino wa nyuma ube ku cyumweru tariki ya 23/9/2012.

Uretse gukusanya amafaranga yo gushyigikira ikigega ‘Agaciro Development Fund’ iri rushanwa rizanafasha amkipe kwitegura shampiyona izatangira tariki 29/9/2012.

   

 

 

September 18, 2012 By : Category : Tournament Tags:, , ,
0 Comment

Rwanda | Afrobasket U18: Senegal yegukanye igikombe cya Afurika

Afrobasket U18: Senegal yegukanye igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Senegal y’abahungu yegukanye igikombe cya Afurika cy’abaterengeje imyaka 18 nyuma yo gutsinda Cote d’Ivoire amanota 71-62 ku mukino wa nyuma wabereye  kuri Stadium Academica i Maputo muri Mozambique tariki ya 25/8/2012.

Senegalyegukanye igikombe cya mbere mu batarengeke imyaka 18 mu mateka yayo, yageze ku mukino wa nyuma isezereyeMaliku manota 63-47 (17-12 ; 15-08, 16-16, 16-11).

Cote d’Ivoireyo yageze muri ½ cy’irangiza, isezereye Misiri yaherukaga gutwara igikombe cya Afurika cyari cyabereye mu Rwanda muri 2010, iyitsinze amanota 57-42.

Mu guhatanira umwanya wa gatatu n’uwa kane Misiri yatsinzeMali78-54. Umwanya wa gatanu wegukanywe naAngolaimaze gutsindaTunisia61- 40.

Mozambiqueyegukanye umwanya wa karindwi nyuma yo gutsindaGhana48- 45, naho umwanya wa 9 wegukanwa na Maroc, uwa 10 utwarwa naGabonmu gihe umwanya wa 11 ari nawo wa nyuma wafashwe n’uRwanda.

Muri iri rushanwa, uwahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi (Most Valuable Player-MVP) ni umunya Misiri Saleh Ehab, naho uwatsinze amanota menshi kurusha abandi ni umunya Maroc Shifi Mourad winjije mu nkangara amanota 120.

Ikipe yaTunisianiyo yahawe igihembo cyo gukina umukini mwiza, urangwa n’ubworoherane (Fair Play).

SenegalnaCote d’Ivoirenizo zizahagararira umugabane wa Afurika mu gikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 19 kizabera muri Repubulika ya Tchèque muri 2013.

 

August 28, 2012 By : Category : Afrobasket featured Tags:, , , , , , , , , , , , , ,
0 Comment

Rwanda | Basketball: Ikipe y’u Rwanda U18 yatsinzwe na Mali mu mukino wayo wa kabiri

Ikipe y’u Rwanda ya Basketball y’abatarengeje imyaka 18 yatsinzwe na Mali mu mukino wayo wa kabiri yakinnye tariki ya 18/8/2012, mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 ikomeje kubera i Maputo muri Mozambique.

 N’ubwo ikipe y’u Rwanda yari yatangiye yitwara neza igatsinda Mozambique iri imbere y’abafana bayo ku manota 62 kuri 34, yaje guhura n’akazi gakomeye imbere ya Mali, imwe mu makipe akomeye muri iryo rushanwa maze itsinda u Rwanda amanota 45 kuri 33.

 Tariki 19/8/2012 ikipe y’u Rwanda iraruhuka, ikazakomeza imikino yo mu itsinda ikina na Ghana tariki ya 20/8/2012.

 Ikipe y’uRwandayegukanye igikombe cy’akarere ka gatanu ari naho yakuye itike yo gukina iyo mikino nyafurika, ihaguruka muRwandayajyanye intego yo kwegukana igikombe cyangwa se nibura umwanya wa gatatu muri ayo marushanwa azasozwa tariki 25/8/2012.

Kugirango ikipe y’uRwandayiyongerere amahirwe yo gukomeza muri ¼ cy’irangiza irasabwa gutsindaGhana.

 U Rwanda ruri mu itsinda rya mbere ririmo Mozambique, Ghana Tunisia, Mali na Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), naho itsinda rya kabiri  rigizwe na Misiri yatwaye igikombe cya Afurika giheruka, Maroc, Cote d’ivoire, Senegal, Gabon na Angola.

   

 

 

 

 

 

August 21, 2012 By : Category : Afrobasket featured Tags:, , , , , , , , , , , , ,
0 Comment

Rwanda | Basketball: Ikipe y’u Rwanda U18 yajyanye intego yo kuvana igikombe muri Mozambique


Ikipe y’u Rwanda ya Basketball y’abatarengeje imyaka 18 yihaye intego yo kuzitwara  neza, ikegukana   igikombe, mu gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 kizabera i Maputo muri Mozambique kuva tariki ya 16-25/8/2012.

Nyuma yo kwegukana igikombe cy’akarere ka gatanu ari naho u Rwanda rwaboneye itike yo kujya mu gikombe cya Afurika (AfroBasketball U18), abakinnyi n’abatoza b’ikipe y’u Rwanda bafashe icyemezo cyo gutwara n’igikombe cya Afurika nk’uko twabitangarijwe na Kapiteni w’iyo kipe Neston Manzi.

“Tumaze gutwara igikombe cy’akarere ka gatanu, twahise twumva ko bishoboka ko twanatwara igikombe cya Afurika, bituma dukora cyane, dukosora amakosa twakoraga, ubu twumva tumeze neza, ku buryo twumva n’iyo imikino yatangira ubu twakwitwara neza kandi tukazana igikombe.

Mu rwego rwo kwitegura imikino y’igikombe cya Afurika, ikipe y’u Rwanda yakinnye imikino n’amakipe akomeye muri shampiyona y’u Rwanda kandi yose ibasha kuyatsinda harimo APR FC, CSK ndetse na Espoir.

Umutoza w’iyo kipe wungirije Kalima Cyrille avuga ko kuba baratsinze APR, BBC n’andi makipe akomeye muri shampiyona y’u Rwanda kandi mu mikino bari barakinnye mbere ayo makipe yarabatsindaga, ngo ni ikimenyetso cy’uko  ikipe yazamutse cyane kandi ngo no muri Mozambique bazitwara neza.

“Gutsinda amakipe makuru nka APR cyangwa Espoir kandi zikinsiha abakinnyi bazo bakomeye bose, ni ikigaragaza ko ikipe yacu yiteguye neza, kuko tugereranyije n’ubushize twitegura imikino y’akarere ka gatanu, haragaragara itandukaniro kuko icyo gihe ayo makipe yari yadutsinze. Nta gushidikanye rero ko tuzitwara neza, kuko gukina n’amakipe nk’ayo tukayatsinda kandi ari ay’abakuru (senior), biduha icyizere ko n’igikombe dushobora kucyegukna”.

Abatoza b’ikipe y’u Rwanda bari bifuje gukina umukino wa gicuti na Gabon mbere yo kujya Maputo ariko ntibyakunda kubera amikoro makeya gusa umutoza mukuru Nenad Amanovic avuga ko ntacyo bizagabanya ku myitwarire yabo.

“Kuba twarakinnye n’amakipe akomeye kandi y’abakuru mu Rwanda tukayatsinda byabaye nko gukina na Gabon. Nta kintu na kimwe navuga ko tutahawe ahubwo icyo tuzakora ni ugutsinda buri kipe yose duhuye nayo kugeza ku mukino wa nyuma.

Ikipe y’u Rwanda U18  izaba yitabiriye imikino y’igikombe cya Afurika bwa kabiri mu mateka y’u Rwanda, yabonye itike nyuma yo kuba iya mbere mu karere ka gatanu ubwo yatsindaga Kenya ku mukino wa nyuma wabereye i Kigali tariki 22/7/2012.

Mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abaterengeje imyaka 18 iheruka kubera mu Rwanda muri 2010, Misiri ni yo yegukanye igikombe. Misiri, Angola na Tunuziya ni amwe mu makipe akomeye muri Afurika azaba ari muri iryo rushanwa, akaba  ahabwa n’ amahirwe yo kwegukana igikombe ..

 

 

 

 

 


 

August 16, 2012 By : Category : Afrobasket Tags:, , , , , , , , , , , , , ,
0 Comment

Rwanda : “Nta munyamahanga uzongera kugaragara mu ikipe y’igihugu ya Basketball”-Mugwiza.

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyerekezo cy’imikino mu Rwanda cyifuzwa na Minisiteri ya siporo ndetse na Leta muri Rusange, ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryafashe icyemezo cyo kutazongera gukinisha abanyamahanga mu ikipe y’igihugu. 

Mu kiganiro twagiranye n’Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa FERWABA Desire Mugwiza, yadutangarije ko icyo cyemezo cyamaze gufatwa, ndetse kikaba cyaratangiranye n’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 irimo kwitegura imikino y’akarere ka gatanu izabera mu Rwanda tariki ya 21-22/7/2012.

Mugwiza yagize ati, “Gahunda twamaze kuyitangira, kuko nk’ubu mu bakinnyi bose twahamagayebarimu myitozo, nta mukinnyi n’umwe w’umunyamahanga urimo. Iyi rero ni intangiriro kandi nziza tukaba tuzayikomeza uko iminsi izagenda iza”.

Mugwiza avuga ko abakinnyi barimo kuzamuka ubu ari bo bazakinira ikipe y’abatarengeje imyaka 20 mu minisi iri imbere, bakazahava bakinira ikipe y’igihugu nkuru hatarinze kwitabazwa abanyamahanga.

Ngo hari gahunda yo kubashakira amashuri azabatoza umukino wa Basketball muri Amerika, bityo bakazana ubumenyi buzatuma basimbura abanyamahanga nka ba Robert Thompson, Mathew Miller n’abandi  nkabo batazongera  guhamagarwa mu ikipe y’igihugu ukundi nk’uko Mugwiza yakomeje abisonabura.

“Twagerageje kenshi gukoresha abanyamahanga, bakaduhenda kandi ugasanga nta kintu gifatika twagezeho. Igihe kirageze rero ngo tuzamure abana bacu bakiri batoya, bashakirwe ibibuga n’ibikoresho bakine kandi muRwandahari abana benshi bafite impano. Dufite gahunda yo gushakira abana bafite impano amashuri yigisha Basketball muri Amerika bakiga basketball kuko ntabwo tuzongera guhamagara abakinnyi nka Thompson na Mathew Miller”

Mugwiza avuga ko n’ubwo wenda bishoboka ko hari abanyamahanga bakeya basigara mu ikipe y’igihugu nkuru kugirango bamenyereze abana bazamuka, ngo ariko ntibazarenga babiri kandi nabo ngo bagomba kuba hari ikintu kinini bagaragaza ko bazafasha Basketball y’uRwanda, uretse ko nabo bazayimaramo igihe gito.

Desire Mugwiza ni umuyobozi mushya wa FERWABA, akaba yadutangarije ko we na Komite nyobozi ayoboye bihaye intego yo kuzarangiza Manda y’imyaka 4 batorewe bamaze kuzamura Basketball y’u Rwanda ishingiye ku bana, bagakorana n’inzego za Leta bakubaka ibibuga bya Basketball ndetse n’ibigo byigisha uwo mukino muri buri karere, ku buryo ngo bifuza kuzarangiza iyo Manda u Rwanda ruri mu makipe atatu muri Afurika mu bagabo, ndetse no mu makipe atanu mu bagore.

July 20, 2012 By : Category : Players Tags:, , , , , , , , , , , , ,
0 Comment