Browsing Tag Rwanda Team

Rwanda : Ntaganda Elias yagarutse muri Etincelles

Ntaganda Elias yagarutse muri Etincelles

Umwe mu bakinnyi bakuze muri shampiyona y’u Rwanda Ntaganda Elias wari waragiye gukina muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), yagarutse mu ikipe ya Etincelles yakiniraga umwaka ushize dore ko ngo yari agifitanye amasezerano nayo.

Ntaganda Elias wamenyekanye cyane mu Rwanda akina muri APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, nyuma yo kuyivamo yerekeje muri Etincelles ariko ahakina umwaka umwe, uwawukurikiye ntiyabashije kuwurangiza kuko yahise ajya gukina muri RDC, agenda shampiyona y’u Rwanda itarangiye.

Mu kiganiro twagiranye n’Umunyamabanga mukuru wa Etincelles Yves Niyibizi yatubwiye ko Ntaganda ufite inkomoko muri RDC yagarutse mu ikipe yabo kandi ko yemeye kuzubahiriza amasezerano yari afitanye nayo kugeza arangiye.

“ Ntaganda ubu yaragarutse kandi yiteguye kongera gukinira Etincelles nta kibazo. Twaraganiriye, twumvikana ko agomba gukina akarangiza amasezerano angana n’umwaka umwe twari dufutanye mbere y’uko agenda kandi nawe yarabyemeye cyane ko yatubwiye ko yifuzaga ikipe akinamo”.

Ntaganda bakunze kwita ‘Umukoranabushake’ n’ubwo amaze gukura ariko ni umwe mu bakinnyi bari barongereye imbaraga Etincelles afatantije na Abed Mulenda ukiri muri iyo kipe na Ochaya Silva na Tuyisenge Pekeyake bamaze kujya muri AS Kigali na Kiyovu Sport.

Nyuma yo gutakaza bamwe muri abo bakinnyi yagenderagaho, Etincelles yashatse abazagerageza kubasimbura. Umunyamabanga wa Etincelles Yves Niyibizi yatubwiye ko bagaruye umunya Congo witwa Mukamba Namasumbwa, bagura kandi uwitwa Ngama Emmanuel nawe ukomoka muri RDC.

Abo bakinnyi bashya baje biyongera ku bandi bakinnyi b’abanyarwanda bakuye muri Marine FC ndetse n’abana bazamuye bava mu ikipe y’abato (Junior).

Etincelles FC yatwaye umwanya wa karindwi muri shampiyona iheruka, izatangira shampiyona y’uyu mwaka ku wa gatandatu tariki ya 22/9/2012 ikazaba yakiriye AS Muhanga kuri stade Umuganda I Rubavu.

 

 

 

September 18, 2012 By : Category : featured Players Tags:, , , , ,
0 Comment

Rwanda | Afrobasket U18: Senegal yegukanye igikombe cya Afurika

Afrobasket U18: Senegal yegukanye igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Senegal y’abahungu yegukanye igikombe cya Afurika cy’abaterengeje imyaka 18 nyuma yo gutsinda Cote d’Ivoire amanota 71-62 ku mukino wa nyuma wabereye  kuri Stadium Academica i Maputo muri Mozambique tariki ya 25/8/2012.

Senegalyegukanye igikombe cya mbere mu batarengeke imyaka 18 mu mateka yayo, yageze ku mukino wa nyuma isezereyeMaliku manota 63-47 (17-12 ; 15-08, 16-16, 16-11).

Cote d’Ivoireyo yageze muri ½ cy’irangiza, isezereye Misiri yaherukaga gutwara igikombe cya Afurika cyari cyabereye mu Rwanda muri 2010, iyitsinze amanota 57-42.

Mu guhatanira umwanya wa gatatu n’uwa kane Misiri yatsinzeMali78-54. Umwanya wa gatanu wegukanywe naAngolaimaze gutsindaTunisia61- 40.

Mozambiqueyegukanye umwanya wa karindwi nyuma yo gutsindaGhana48- 45, naho umwanya wa 9 wegukanwa na Maroc, uwa 10 utwarwa naGabonmu gihe umwanya wa 11 ari nawo wa nyuma wafashwe n’uRwanda.

Muri iri rushanwa, uwahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi (Most Valuable Player-MVP) ni umunya Misiri Saleh Ehab, naho uwatsinze amanota menshi kurusha abandi ni umunya Maroc Shifi Mourad winjije mu nkangara amanota 120.

Ikipe yaTunisianiyo yahawe igihembo cyo gukina umukini mwiza, urangwa n’ubworoherane (Fair Play).

SenegalnaCote d’Ivoirenizo zizahagararira umugabane wa Afurika mu gikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 19 kizabera muri Repubulika ya Tchèque muri 2013.

 

August 28, 2012 By : Category : Afrobasket featured Tags:, , , , , , , , , , , , , ,
0 Comment

Rwanda | Basketball: Ikipe y’u Rwanda U18 yajyanye intego yo kuvana igikombe muri Mozambique


Ikipe y’u Rwanda ya Basketball y’abatarengeje imyaka 18 yihaye intego yo kuzitwara  neza, ikegukana   igikombe, mu gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 kizabera i Maputo muri Mozambique kuva tariki ya 16-25/8/2012.

Nyuma yo kwegukana igikombe cy’akarere ka gatanu ari naho u Rwanda rwaboneye itike yo kujya mu gikombe cya Afurika (AfroBasketball U18), abakinnyi n’abatoza b’ikipe y’u Rwanda bafashe icyemezo cyo gutwara n’igikombe cya Afurika nk’uko twabitangarijwe na Kapiteni w’iyo kipe Neston Manzi.

“Tumaze gutwara igikombe cy’akarere ka gatanu, twahise twumva ko bishoboka ko twanatwara igikombe cya Afurika, bituma dukora cyane, dukosora amakosa twakoraga, ubu twumva tumeze neza, ku buryo twumva n’iyo imikino yatangira ubu twakwitwara neza kandi tukazana igikombe.

Mu rwego rwo kwitegura imikino y’igikombe cya Afurika, ikipe y’u Rwanda yakinnye imikino n’amakipe akomeye muri shampiyona y’u Rwanda kandi yose ibasha kuyatsinda harimo APR FC, CSK ndetse na Espoir.

Umutoza w’iyo kipe wungirije Kalima Cyrille avuga ko kuba baratsinze APR, BBC n’andi makipe akomeye muri shampiyona y’u Rwanda kandi mu mikino bari barakinnye mbere ayo makipe yarabatsindaga, ngo ni ikimenyetso cy’uko  ikipe yazamutse cyane kandi ngo no muri Mozambique bazitwara neza.

“Gutsinda amakipe makuru nka APR cyangwa Espoir kandi zikinsiha abakinnyi bazo bakomeye bose, ni ikigaragaza ko ikipe yacu yiteguye neza, kuko tugereranyije n’ubushize twitegura imikino y’akarere ka gatanu, haragaragara itandukaniro kuko icyo gihe ayo makipe yari yadutsinze. Nta gushidikanye rero ko tuzitwara neza, kuko gukina n’amakipe nk’ayo tukayatsinda kandi ari ay’abakuru (senior), biduha icyizere ko n’igikombe dushobora kucyegukna”.

Abatoza b’ikipe y’u Rwanda bari bifuje gukina umukino wa gicuti na Gabon mbere yo kujya Maputo ariko ntibyakunda kubera amikoro makeya gusa umutoza mukuru Nenad Amanovic avuga ko ntacyo bizagabanya ku myitwarire yabo.

“Kuba twarakinnye n’amakipe akomeye kandi y’abakuru mu Rwanda tukayatsinda byabaye nko gukina na Gabon. Nta kintu na kimwe navuga ko tutahawe ahubwo icyo tuzakora ni ugutsinda buri kipe yose duhuye nayo kugeza ku mukino wa nyuma.

Ikipe y’u Rwanda U18  izaba yitabiriye imikino y’igikombe cya Afurika bwa kabiri mu mateka y’u Rwanda, yabonye itike nyuma yo kuba iya mbere mu karere ka gatanu ubwo yatsindaga Kenya ku mukino wa nyuma wabereye i Kigali tariki 22/7/2012.

Mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abaterengeje imyaka 18 iheruka kubera mu Rwanda muri 2010, Misiri ni yo yegukanye igikombe. Misiri, Angola na Tunuziya ni amwe mu makipe akomeye muri Afurika azaba ari muri iryo rushanwa, akaba  ahabwa n’ amahirwe yo kwegukana igikombe ..

 

 

 

 

 


 

August 16, 2012 By : Category : Afrobasket Tags:, , , , , , , , , , , , , ,
0 Comment

Rwanda | U Rwanda ruzakira irushanwa rya Basket zone 5

Kugira ngo bizere ko bateguye neza irushanwa rya basketball ry’akarere ka 5  rizabera mu Rwanda ngo ni uko babona itike yo kujya mu mikino nyafurika izabera muri Mozamique. Iyi mikino izatangira kuya 17 kugeza 22 nyakanga 2012.

Iri rushanwa ni ryo rya mbere mpuzamahanga rizaba riteguwe na komite nshya mu ishyirahamwe rya basketball iyobowe na Desire Mugwiza. Muri iri rushanwa ngo hazitabazwa abana benshi bakina mu mashuri yisumbuye  bazajya bahura mu mpera za buri cyumweru, habura ukwezi bakazahurizwa hamwe hiyongereho n’abana bagiye kwiga uyu mukino muri America. Ati”dufite icyizere cyo kwitwara neza kuko benshi muri aba bana bamenyereye amarushanwa bakina shampiona.”

Desire Mugwiza umuyobozi w’ishyirahamwe rya basketball mu Rwanda (FERWABA) kandi arizeza abanyarwanda impinduka mu ikipe y’igihugu aho ngo bazaha umwanya abana b’abanyarwanda. Ati: “tugiye kubanza gutegura politiki izagena umubare w’abanyamahanga bakina muri shampiyona naho mu ikipe y’igihugu ho bazagabanuka kugeza kuri 80%.”

Ku cyibazo cy’ibura ry’ibikorwa remezo bikoreshwa muri basketball nk’ibibuga, iri shyirahamwe ryagiranye ibiganiro na minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo n’izindi minisiteri bireba. Ngo bakaba basanga hari icyizere ko nibura buri karere kagira ikibuga bityo ngo uyu mukino ufatwa nk’uwo mu mugi ugakwira hose.

Ibihugu 11 bizitabira irushanwa ry’akarere ka 5 bizamenyekana habura ukwezi ngo iri rushanwa ritangire. Imikino iheruka yarangiye u Rwanda ruri ku mwanya wa 6.


 

 

 

May 15, 2012 By : Category : Basketball Zone V Tags:, , , , , , , , , , , , , ,
0 Comment